URUZINDUKO RW'UMUYOBOZI WA WHO MU RWANDA MU KARERE KA KARONGI
Uyu munsi mu Karere ka Karongi habaye uruzinduko rw' Umuyobozi wa World Health Organisation mu Rwanda Dr Brian Chirombo, arikumwe na Dr. Rosette Marie NAHIMana/Immunization Focal Point ndetse na Alice RUTAREMARA/ Communication Officer.
Abo bashyitsi bari kumwe na Dr Albert TUYISHIME/ Deputy DG wa RBC.
Uruzinduko rwahereye ku Biro by'Akarere Ka Karongi hagaragazwa uko imibare(Status) ya COVID-19 ihagaze mu Karere ka Karongi ndetse n'imibare igaragaza uko ikingira rihagaze mu Karere ka Karongi.
Uruzinduko rwakomereje mu Murenge wa Mutuntu ku Kigo Nderabuzima cya Mukungu harebwa uko igikorwa cy'ikingira COVID-19 bihagaze.
Nyuma yo kuva ku kigo Nderabuzima cya Mukungu, uruzinduko rwakomereje mu Murenge wa Gitesi/Ikigo Nderabuzima cya Kirambo.
Abaturage bahawe ijambo bagaragaje ibyishimo batewe no kuba babona urukingo rwa COVID-19.
Umuyobozi wa WHO mu Rwanda yishimiye uburyo Akarere ka Karongi gashyira imbaraga mu gukingira COVID-19, yanishimiye kandi uburyo ama sites aba ateguye nk'uko amabwiriza abiteganya.