Ndi Umunyarwanda, Icyomoro cy'Abanyarwanda
| Kuri uyu wa 19/9/2019 ku Karere ka Karongi habereye ikiganiro cya Ndi Umunyarwanda .
Abayobozi b'inararibonyebatanze ibiganiro ku mateka Kitabiriwe n'abayobozi b'amadini n'amatorero mu maparoisse atandukanye mu Karere n'abagize urugaga rw’abikorera, PSF ku rwego rw'Akarere Abafashije gutuma baganira ni Rev Pasteur Ruzibiza Viateur na Bwana Abimana Mathias , Perezida wa PSF mu Karere. Mu cyigisho cyahuje amagambo yanditswe muri Bibiliya n'amateka y'abanyarwanda banyuzemo y'amacakubiri yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi cyatanzwe na Rev Past. Ruzibiza Viateur wibanze ku kubaka umuryango utekanye yagaragaje ko ubwiyunge bwose bushoboka, ikaba ari nayo nyigisho ya Ndi Umunyarwanda Ababitabiriye bibukiranyije ku mateka y'amacakubiri na jenoside mu karere ka Karongi. Nyuma y'ibitekerezo by'imvamutima , ibibazo, ibyifuzo n'ingamba abakuru b'amadini n'amatorero basanze bagomba kwigisha iyobokamana risubiza ibibazo by'abayoboke babo kuko iyobokamana ritita ku bibazo bwite by'abayoboke riba ritariho.
Inzego zitandukanye z'abanyamadini n'abikorera bari bitabiriye Ingamba zafashwe ni ugushyira imbaraga mu kuragaza aho imibiri y'abazize Jenoside itarashyinguwe mu cyubahiro iri igashyingurwa, kurangiza imanza za gacaca mu bwumvikane, no gukora ku buryo Ndi umunyarwanda yaba icyomoro n'igihango koko.
Ndi umunyarwanda ni uburyo abanyarwanda bahisemo gukemura ibibazo byabo bagendeye ku ndangagaciro z’abanyarwanda arizo ubupfura, ubunyangamugayo, kudahemuka n’ibindi. |