Akarere ka Karongi mu igenzura ry’ishyirwa mu bikorwa ry’Imihigo 2018/2019

Kuri uyu wa kane 11 Nyakanga 2019  Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare n’ubushakashatsi,

N.I.S.R cyatangiye igenzura ry’ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo 2018/2019 mu Karere ka Karongi

 kahize gukora mu mwaka w’ingengo y’imari.

Abayobozi, Abajyanama n'abandi bafatanyabikirwa bari baje gukurikirana uko isuzuma ry'imihigo rikorwa

Uhagarariye itsinda rigenzura asobanura impamvu y’igenzura yagize ati ‘‘Tuba twaje kureba ko imihigo igenda neza kandi ikagerwaho nibura ku kigero cy’ijana ku ijana (100%) bibaye byiza kurushaho.

Yongeyeho ati ‘‘Iyo tubonye udushya rero twakoreshejwe n’uturere runaka bituma

tudusangiza ahandi n’abandi bakabyigiraraho bakihutisha gahunda y’ishyirwa mu bikorwa

ry’imihigo.’’

Ndayisaba François Mayor w’Akarere ka Karongi, na KAKIBIBI Annet, Perezidante wa JADF Karongi

Ndayisaba François Mayor w’Akarere ka Karongi, yagaragarije ikipe ishinzwe igenzura uko

imihigo yagenze anasobanurako imihigo yagezweho ku ijanisha rya 99% muri rusange.

Yagarutse kandi anashimira imikoranire , ubwitange ndetse no gufatanya kuri buri wese

byabayeho, aho kuri bamwe bagiye bakora igihe kirenze bagataha batinze kugira ngo imihigo

igererweho.

Yagize ati ‘‘ habayeho gukorana bya hafi ku nzego zoze,abaturage,JADF, njyanama

y’akarere,…hashyizweho kandi Igicumbi cy’imihigo ku karere, ku murenge,no ku kagariubundi

hashirwaho commite ibkurikirana umunsi ku munsi ndetse n’uruharerw’abaturage’’ .

Muri uyu ushize mwaka w’ingengo y’imari 2018/2019 akarere ka Karongi kahize imihigo

mirongo inani n’umwe. Muri yo 32 ni ijyanye no guteza imbere ubukungu, 35 irebana

n’imibereho myiza, naho 14 isigaye ikaba irebana no guteza imbere imiyoborrere myiza

Iterambere ry’ubukungu

 Kivu Beach yuzuye mu Murenge wa Bwishyura ni umwe mu mihigo y'Akarere

Imihigo yose ni 32 yeshejwe ku ijanisha rya 99.40%. Bimwe mu byagezweho muri uyu mwaka

w’imihigo 2018/2019, hubatswe uruganda rw’icyayi rwa Rugabano, Bwishyura tax park,

Nyakariba Beach.

 Gare ya Kibuye igice cyambere cyaruzuye nk'umuhigo w'Akarere

Guest house

Guest house ebyiri zarubatwse ikiciro cya mbere mu murenge wa Bwishyura. hubatswe kandi

isoko ry’amatungo rya Mukungu, havuguruwe hanubakwa isoko rya Rubengera ,n’ibindi

Guest house

Iterambere ry’imibereho myiza

Ni imihigo 35 yose hamwe ikaba yareshejwe ku rugero rwa 99.2%. Nk’uko ibyakozwe

bibyivugira muri uyu mwaka w’imihigo hubatswe ikigo nderabuzima cya Bwishyura phase 1,

irerero ry’abana muri Murambi.

Inzu za 8 n 1 zahawe abatishoboye zubatwe mu murenge wa Rugabano, huzatwe kandi

ibyumba by’amashuri mu murenge wa Ruganda kuri EP Biguhu, abacitse ku icumurya Jenocide

batujwe mu mazu yubatwswe mu murenge wa Bwishyura, n’ibndi.

Iterambere ry’imiyoborere myiza

Habumbiyemo imihigo cumi n’ine. Iyi ikaba yareshejwe ku ijanisha rya 98.20%. Muri yo

dusangamo ibikorwa bitandukanye byagezweho aho abaturage bubakiye utishoboye inzu mu

murenge wa Murambi binyuze mu gikorwa cy’umuganda. Hubatswe ibiro by’akagari ka

Kivumu, kigarama ,n’utundi, ndetse n’urwibutso rwa Gatwaro .

Mayor w’akarere ka Karongi Ndayisaba François,amaze kumurika ibikorwa by’akarere ka

Karongi no gushima abagize uruhare mu ishyirwa mu bikorwa ry’iyi mihigo, yabasabye

gukomeza uwo muhati ndetse bazakarushaho mu mihigo 2019/2020 .

Uyu mwaka w’imihigo 2018/2019, akarere ka Karongi kari kahize imihigo 81 yose ikaba yari

igenewe ingengo y’imari ingana n’akayabo k’amafaranga y’u Rwanda angana 9,707,862,910.

Back