Mu Karere ka Karongi, imyidagaduro irangwa ahanini n'imikino (foot ball, basket ball, volley ball) iboneka cyane cyane mu rubyiruko rwo mu mirenge n'urwo mu mashuri. Stade Gatwaro iherereye mu Murenge wa Bwishyura niyo ikunze kuberaho gahunda z'imyidagaduro. Kibuye F.C ni Ikipe y'Akarere ka Karongi iri mu cyiciro cya mbere nayo ikaba igira uruhare runini mu gususurutsa banya Karongi. Buri murenge ufite nibura ikibuga kimwe cy'imyidagaduro, ibyo bigatuma mu mirenge hakunda kuba imikino ihuza cyane cyane urubyiruko ibyo bigasusurutsa abaturage cyane cyane muri week end.
Amarushanwa yo koga mu Kiyaga cya Kivu, gusiganwa ku maguru no ku magare nabyo biri mu bijya bisusurutsa abaturage i Karongi.
Mu gihe cya vuba, Akarere ka Karongi karaba gafite Stade nshya yo mu rwego rwo hejuru igiye kubakwa mu Murenge wa Rubengera. Iyo stade ikaba izahindura byinshi mu myidagaduro.
Imyidagaduro ishingiye ku muziki ntiratera imbere cyane. Kuri Hotel Golf Eden Rock niho honyine kugeza ubu abantu bashobora kwidagadurira mu rubyiniro (Boite de nuit) ku wa gatanu no ku wa gatandatu.
|